URU RUBUGANURW' IMYIDAGADURO
Waruziko utazabaho iteka?
Harageze yuko twihutira kumenyesha Ubutumwa bwiza abakiri mu mwijima. Twanze kubikora abo bantu bazohona nta kabuza! Ico nico n’ubu kidutuma tugenda twigisha Ubutumwa bwiza aho duciye hose «kand’abagize ubwenge bazokayangana...abashikanye benshi ku bugororotsi bazokwaka nk’inyenyeri ibihe bitazoshira.»
UMUGANI!
Mbacire umugani mbabambuzeumugani n'uzava i Kamugani
azasange ubukombe bw'umugani
buziritse ku muganda w'inzu.
Harabaye ntihakabe.
Hapfuye imbwa n'imbeba
Hasigaye inka n'ingoma.
Ubusa bwaritse ku manga
umuyaga urabwarurira
agaca karacuranga
uruvu ruravugiriza
nyiramusambi isabagirira inanga.
Agahinda kajya kuza mu bantu, umwana yahuye inka ise yari amufite ari umwe. Amaze kwahura inka, yahura inyana. Amaze kugera ku gasozi ati wa nyana we nkuragire ubwatsi bwiza nkuhire amazi nshaka, uzabyare inyana nziza nzayikwe umukobwa mbengutse. Agahinda kati aho uzakwa ntahire. Umwana bukeye yahuye, gasubira kubimubwira.
Umwana aragira ahandi, amaze kuragira ahandi bukeye, inyana irabyra, ibyara indi nyana. Agira se ati "Uzankwerere umukobwa wa naka."Aramukoye. Umunsi yaraye arongoye, shebuja araza, agira se ati, "ndashaka umuhungu wawe ngo dutabare." Undi ati "ese muratabara mute, ko yarongoye ejo, ubu yava aha agatabara?" Undi ati, "niwanga ko dutabarana, ndakunyaga."Undi ati, "kunyagwa, uwo mugeni ni asigare aho nzamusanga ndatabaye."
Amaze kugenda, ageze mu nzira, agahinda kareba uko ari, nuko yasaga, karagaruka no kwa se. Se ngo amare kumukubita ijisho ati "ese data, ko wari utabaye, bigenze bite? "Undi ati "Databuja arambwiye ngo ndongoye vuba nintahe." Umuhungu muzima araje yisangiye umugore, agahinda karaje kisangiye umugore w'umwana w'umuhungu nawe yaratabaye na shebuja. Abaye aho, abyaye umwana w'umuhungu, aramwonsa aramucutsa, bukeye asubizayo umukobwa aramwonsa, aramucutsa, agejeje ku wa gatatu, umugabo aratabaruka na shebuja. N'iminyago azanye. Ngo amare gutunguka, ati "nimucanire inka."Se ati "ese, inka turazicanira zivuye he? " Undi ati "ese si ndi kanaka sindi umwana wawe? " Undi ati "umwana wanjye yiriwe ajya he? ko umwana wanjye ari hano akaba ntaho yagiye ko yageze mu nzira shebuja akamugarura."Ikikuzanye n'izo nka uje kunyereka ko nabyaye umwana umwe akaba ari aho, ni ukugira ngo urye ibyanjye numara kubirya uzayobore umunyago uwushyire so? " Ati "ntabwo nkwemereye." Umwana ati "bikamera bite?"Undi ati "ntabwo nkwemerye."
Umwana agiye no kwa shebuja ati, "ntabara.Dore naje n'iminyago nzanye, none data yanyirukanye,byambujije kugera mu rugo."Undi ati"shwi!". Shebuja arahuruye. Araje n'umugaragu we ati"bite ko wampaye umutabazi tugatanarana, twamara gutabarana none tukaba dutabarukanye, kuki wamubuza kujya mu rugo? " Undi ati, "umwana wanjye, wamwohereje ari munzira, uhageze ni wowe wamwohereje." Undi ati "reka da! Ntabwo namwohereje, umwana wawe ni we uyu niwe ubonye."Undi ati "hinga nkwereke."
Agahinda kati "hinga nze mbakize."Arakenyeye umwana w'umuhungu araje, amaze gutunguka ati, " yewe kanaka!"Undi ati "iî", "igihe waragiraga inyana, ukayibwira ngo uyuhira amazi meza, uyiragira ubwatsi bwiza, uyuhira amazi ushaka, ngo izabyare inyana nziza uzayikwe umukobwa ubengutse, ati ni jye wakubwiraga ngo uzakwa ntahire. Ati "maze ntacyo mwirwa mupfa, ni jye gahinda mu nka ni jye gahinda mu bantu ni jye gahinda mu ihene, ni jye gahinda mu ntama, ikintu cyose cyabaga aho kitagira agahinda, none ubungubu ikintu cyose kigiye kuzabaho, kigire agahinda kigire ikikibabaza, ati "kuva ubu kandi, n'ubu ndasiga mbiberetse n'ubwo mutabigiraga."Ati "ariko noneho, hinga nkubise mu rugo rwawe, nsubire mu nzu ntware intwaro yanjye nigendere.
Asubiye mu nzu, agahinda karigitana na wa mugore n'abana, umwana w'umuhungu asubiye kujya kwinjira mu nzu, aheba umugore, aheba abana be, ahera ko ariyahura. Agahinda kaza ubwo ariyahura. Se akubise mu asanze umuhungu yiyahuye, agahinda karamwica, "ubona umwana wanjye nacunaguje, none nkaba mubuze n'uwo nari mfite nkaba mubuze?" Ahera ko nawe ariyahura. Nuko agahinda niko kuza mu bantu.
Mu mvugo cyangwa inyandiko z’ubuvanganzo ni ngombwa gukoresha inozamvugo cyangwa se imvugo ikwiye ijyanye n’ibyo uvuga.
TWIYIGIRE IKINYARWANDA
I.IKESHAMVUGO RISHINGIYE KU MVUGO IKWIYE
1.1. KU BIJYANYE N’AMATA
| Ntibavuga: | Bavuga: |
| Kuyasuka mu gisabo | Kuyabuganiza |
| Kuyavanamo amavuta | Gusobanura |
| Kubika icyansi, igisabo | Gusobanura |
| Kurangiza koza icyansi | Guhumuza |
| Kumena amata ubishatse | Kuyabikira, kuyabyarira |
| Kumena amta utabishatse | Kuyabogora |
| Uduta | Amata |
| Amata y’inka ikibyara | Umuhondo |
| Amata y’inka yenda guteka | Amagonera/Amanga/Amasuga |
| Amata inyana yanze konka | Amakaba |
| Ayaraye ataravura | Umubanji |
| Amaze kuvura | Ikivuguto |
| Ay’abashumba | Imyezo |
| Amata y’ikivuguto kitavuruze | Amenda |
| Agati bavurugisha | Umutozo |
| Umuheha banywesha amata | Umuceri |
I. 2. KU BIJYANYE N’INGOMA
| Ntibavuga: | Bavuga: |
| Gutangira kuvuga | Gusuka |
| Kurangiza kuvuga | Gutunga |
| Kugurwa | Gukoshwa |
| Kumanikwa | Kujishwa |
| Gushyushwa | Koswa |
| Gufashwa hasi | Kururutswa |
| Kubazwa | Kuramvurwa |
| Gushyirwaho impu | Kuremwa |
| Kwikorerwa | Kuremererwa |
| Gusoza | Gutaha |
| Gutoboka | Kubyara |
| Gufatwa | Gusegurwa |
| Gusaduka | Kurara |
| Kumeneka | Kuribora |
I.3. KU BIJYANYE N’ICYANSI, ISEKURU, INGOBYI, IGISABO, UMUHETO N’INJISHI
| Ntibavuga: | Bavuga: |
| Ntibimanikwa | Birajishwa |
| Ntibiturwa | Birururutswa |
| Ntibimeswa | Birahanagurwa |
| Ntibisaza | Birakura |
| Ntibyikorerwa | Biraremererwa |
| Ntibigurwa | Birakoshwa |
| Ntibishyushywa | Biroswa |
| Ntibimeneka | Biraribora |
| Ntibibazwa | Biraramvurwa |
N.B: Iyo ukoresheje bene izo mvugo uko bidakwiye bishobora kuba igitutsi.
Urugero:
- Kuvuna umuheto ni ugupfusha abatabazi cyangwa ababyeyi.
- Guhekura umubyeyi ni ukumwicira abana.
- Kumesa ingobyi ni ugupfusha ukamaramaza
I.4. IBIJYANYE NO KUVUGA (INGAMBO)
| Umuntu aravuga | Inyoni zirajwigira |
| Ingoma ziravuga | Inka zirabira |
| Intama ziratama | Impongo zirakorora |
| Igikeri kiragonga | Ingurube iratontoma |
| Impyisi irahuma | Inuma iraguguza |
| Umusambi urahiga | Imbwa iramoka/irakonkoma |
| Inkoko iri mu magi irakwakuza | Inkoko irahamagara |
| Isake irabika | Imbeba irajwigira |
| Ihene irahebeba | Imfizi irivuga |
| Intare irivuga | Ingwe irahora |
| Imvura irahinda | Imodoka irahinda |
| Umuriro urahinda/uragurumira | Umugezi urasuma |
| Isuka irarangira | Injangwe irahirita |
| Indege irahinda | Inkokokazi irateteza |
I.5. KU BIJYANYE N’INKA
| Ntibavuga: | Bavuga: |
| Gushyira inyuma | Gukumuriza inyuma |
| Kurangiza gukama | Guhumuza |
| Kurangiza gushitura | Guhaza |
| Kurorera gukama | Guteka |
| Gukamana ingoga | Gukama kera |
| Gukomereka | Gusarika |
| Kwahura kure | Guturuka kure |
| Guca umurizo | Gukemura umurizo |
| Gukurura babyaza | Kuvutira |
| Kuzirasa amatezano | Kuzikama |
| Gukamisha yombi | Kuvuruganya |
| Kureka inyana ngo yonke | Kwinikiza |
| Kuba ku nda kwazo | Kwerera |
| Kuziyobora | Kuzirongora |
| Kuzijyana ku ibumbiro | Gushora |
| Kwiruka zigusiga | Gutara |
| Guhanagura inka | Kuzihonora |
| Guta umuziha kwazo | Gufuma |
| Kwenda kwima zitararinda | Kuba mu bitwarizi |
| Kuzivomera | Kuzidahirira |
| Kuzishyira imfizi | Kuvuna umurizo (kubangurira) |
| Kubura amazi kwazo | Kurumanga |
| Guca inka ibere | Kuryogosha |
| Kurwara ibisebe ku mabere | Gusarika |
| Ibihamagazo byazo | Amazina yazo |
| Inzu y’inyana | Ikiraro cy’uruhongore |
| Utubere tudakamwa | Indorerezi |
I.6. KU BIJYANYE N’UMWAMI
| Ntibavuga: | Bavuga: |
| Umurambo w’umwami | Umugogo |
| Kumubyutsa | Kumubambura |
| Kumusinziriza | Kumubikira |
| Kugenda | Kurambagira |
| Kurya | Gufungura |
| Gupfa | Gutanga |
| Uburiri bw’umwami | Igisasiro |
| Inzu y’umwami | Ingoro |
| Abana b’umwami | Ibikomangoma |
| Kujya ku ngoma | Kwima ingoma |
| Kubyuka | Kwibambura |
| Kuryama | Kwibikira |
| Kurwara | Kuberana |
| Kwicara | Guteka |
| Intebe ye | Inteko |
| Ingobyi ye | Ikitabashwa |
| Aho aramirizwa | Ijabiro |
| Kumuha ikuzo | Kumuramya |
TWIREBERE IBYABAZUNGU!
DUSAKUZE!
SAKWE SAKWE!!! SOMA!!!!
| Abakobwa banjye babyina bose | Imirya y'inanga | |
|
|
Abana banjye barara bahagaze bakirirwa bahagaze | Inkingi |
|
|
Abana banjye barara bahagaze bwacya bakaryama | Imyugariro |
|
|
Abagwabiro bashinze inteko | Umucaca |
|
|
Abakobwa ba Ruhinda baturutse ikuzimu bambaye inyonga | Insina; amateke. |
|
|
Abakobwa banjye baranaga amajosi | Urugoyi rw'ibishyimbo |
|
|
Abakobwa banjye baraturanye aliko ntibaramukanya | Inkombe z'uruzi |
|
|
Abakobwa banjye bose bikwije impindu | Imirizo y'imbeba |
|
|
Abakobwa beza baranaga amajosi | Urugoyi rw'ibishyimbo |
|
|
Abambarantama ba Ntaragonda batwara amacumu bayacuritse | Imirizo y'inka |
|
|
Abambari ba Ruhinda bambariye inzogera ikuzimu | Imigozi y'ibijumba; inkwana z'amateke |
|
|
Abana b'abarundi barasana bakiri bato | Ifurwe |
|
|
Abana ba mukeba bambaye imigoma bose | Ibigori |
|
|
Abana banjye bangana bose | Ifundi |
|
|
Abana banjye bavuyemo umwe ntiwabimenya | Akatsi ko ku nzu |
|
|
Abana banjye bicaye bose | Ibirundiro |
|
|
Abana banjye ndabasasira ntibaryame | Ikawa |
|
|
Abarebare baje ubu | Imihanda, uruzi, inzira |
|
|
Abasore b'i Gisaka barasana bakiri bato | Isusa |
|
|
Abazungu bazanye byinshi n'ibizatuzura | Ifaranga |
|
|
Abazungu b'i Bujumbura baca urubanza bicaye | Imigomdoro yibishyimbo |
|
|
Agacwende kanjye kambaye kure mba ngukoreyemo | Ukwezi |
|
|
Agakecuru ka;anutse i Nyarushurushuru kiteye imirwa munani | Intete zibigori |
|
|
Aho Mutara na Mutaga barasaniraga n'ubu haracyatorwa inkurwe | Uruhara rw'umusaza |
|
|
Aho Mutara na Mutaga barwaniye ntiharamera utwatsi | Agatsinsino |
|
|
Aho Mutara na Mutaga barasaniraga hacitse ubkumba | Urwogerezo |
|
|
Aho wabereye wari waterera Muhangiro | Ikirunga |
|
|
Aho wakabona kagutera guseka | Ikigori |
|
|
Aka kayira kasiba twashira | Akayira kajya mu kigega |
|
|
Akababaje umugabo kamurenza impinga | Ifaranga |
|
|
Akabindi ka Mbindigiti gatetse amara y'inkuba | Umwobo w'impiri |
|
|
Aka kagabo kahina so | Icyanzu, ubunyereri |
|
|
Aka kariza so | Akanyarirajisho |
|
|
Aka katega so | agacaca |
|
|
Aka Manimbanimba aka Macikakingoma zo kwa Makombe | Inyundo mu ruganda |
|
|
Akamarimari kamanutse i Burayi kaje kamara abantu | Ifaranga |
|
|
Amasaka y'i Burundi atukura ateze | Amaguru y'inkware |
|
|
Akana kanjye ni maguru ya Sarwaya | Ibaruwa |
|
|
Akamatana k'amatanage kiyereka mu mpinga ya Bwanakweri | Akanyugunyugu |
|
|
Akariba rwamidende kasibwe n'imicaca | inzonnyo z'umusaza |
|
|
Akavumu k'iwacu ni imbungiramuhigo | Agakono k'amanywa |
|
|
Akayuriyuri kwa Ntibazirikana inshuti y'urupfu | Ibitotsi |
|
|
Amabuye ya Nyrubuyenge wayabara ntiwayashobora | Ukwezi n'inyenyeri |
|
|
Amaherere yamennye Bukungu umutwe | Igihepfu ku mugina |
|
|
Ayii | Umukecuru wataye ikijigo cye |
|
|
Ayiiii, icyamha nkagera iwacu | Umukecuru wurira ikigega |
|
|
Ayi mama hiya | Inuma ku rukoma |
|
|
Bacuye dutanguranwe | Ifaranga |
|
|
Bagatake bagasamaze bakabihise ubwiza bwako | Imanzi mu maribori |
|
|
Bagiteye icumu gicumba umwotsi | Ikinyugunyugu |
|
|
Baguhaga akabando urwaye iki? | Igikoro |
|
|
Bakobwa ntimukanseke nabuze aho mpisha | Innyo y'ihene |
|
|
Banterere anyuze aha |
NGUKO UKO IBYABAZUNGU BIMERA!